You are welcome on INDANGAMIRWA Official Blog / Murakaza neza ku rubuga rw' INDANGAMIRWA

Welcome message

Rwandan Students Abroad "Indangamirwa" are pleased to welcome all visitors of this blog. It will be our pleasure if you get informed about what is going on in Rwanda and if you take time to tell us what you plan to do for its sustainable development.

Enjoy the blog content.
-------------------------------------------------------------------------------

Wednesday, June 18, 2014

Itorero ry'Urubyiruko ruba mu Mahanga 2014 (Indangamirwa VII)

Kwandika Urubyiruko ruba mu Mahanga rushaka kwitabira Itorero Indangamirwa VII byatangiye.
Kwiyandikisha bikorerwa ku murongo wa Interineti wasanga ku rubuga rwa Minisiteri y'Uburezi (MINEDUC).

Ndangamirwa zabanjirije izindi nimukangurire inshuti n'abavandimwe kwiyandikisha kugira ngo bazabashe kwitabira iki gikorwa cy'ingirakamaro nizera ko mwakunze mwese.

Kanda hano urebe itangazo kandi uniyandikishe.

Murakoze!


--

Wednesday, December 4, 2013

Itorero "Indangamirwa VI" for students living abroad | Gako | July-August 2013

Collection of images showing the Itorero training organized for 300 Rwandans studying abroad. "The role of youth in Rwanda's agenda to self-reliance" was the theme for this Itorero group called "Indangamirwa VI". The training took place at the Gako Military Academy from 29 July to 10 August 2013. To view the report of all activities undertaken by Indangamirwa VI, click here.  
Historically Itorero was a school where Rwandans learnt about the nation's culture in the areas of language, patriotism, social relations, sports, dancing, songs and defense of the nation. Today Itorero has been revised as a civic education program where young Rwandans can learn about culture, values, history, unity, integrity and patriotism.
Since its reintroduction into Rwandan society, the program has been completed by close to 250,000 people. To learn more about Itorero, click here.
Source: www.rwandapedia.rw

Tuesday, September 24, 2013

Perezida Kagame yasabye abayobozi bo ku Isi kurenza amaso intego z’ikinyagihumbi

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasabye abayobozi bo ku Isi kureba kure bakarenza amaso intego z’ikinyagihumbi zizwi nka MDGs (Millennium Development Goals) zigomba kuba zagezweho mu 2015 ; ahubwo bagashyiraho intego za nyuma ya 2015 zirenze ibyo kurwanya ubukene.

Ibi Perezida Kagame abitangaje mbere y’inama rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteganijwe gusuzuma gahunda zizakorwa nyuma ya 2015. Iyo nama ikaba iteganyijwe kubera i New York, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Inkuru yanditse na Aljazeera, ivuga ko Perezida Kagame yasabye ko mu itegurwa ry’ingamba za gahunda ya nyuma ya MDGs, abayobozi bagomba kuzareba kure y’intego zari zarashyizweho.
Yagize ati "Mu Rwanda MDGs ni inyubako ikomeza ntabwo ari igisenge."
Perezida Kagame avuga ko kugira ngo intego za nyuma ya 2015 zizagerweho, ari uko buri muyobozi azazigira ize.

Yakomeje agira ati "Afurika yamaze igihe kirekire ari umugabane ucecetse, none ubu urarangwa n’iterambere mu bukungu na politiki, dutangiye kwerekana ingufu zacu nyazo. Kandi ibyinshi byagezweho hakoreshejwe ibisubizo by’iwacu."
Yavuze ko mu Rwanda hose abaturage bahurira mu midugudu bagasuzumira hamwe ibyabateza imbere : umuhanda mushya, ishuli rishya, ikiraro cyangwa amasoko y’amazi. Perezida Kagame asanga iterambere nyaryo ari iriha ijambo umuturage.

Perezida Kagame yanasabye ko abantu batakomeza kwibanda ku kurwanya ubukene gusa. Yagize ati "Ntibihagije kureba ku kurwanya ubukene gusa. Niyo mpamvu igihe cyose tuvuga ku iterambere, tuvuga kuzamura ubukungu n’iterambere. Niyo mpamvu dukomeza gushora imari mu burezi n’ikoranabuhanga rigezweho. Mu bihugu byinshi by’Afurika, urubyiruko nizo mbaraga zikomeye. Kurutera inkunga, kuruha ubushobozi bwo kwiga umurongo mugari wa interineti wa 4G, tuba dushyiraho umusingi w’inzagihe."

Source: www.igihe.com

Tuesday, July 30, 2013

Itorero ry’Abanyarwanda biga mu mahanga ryafunguwe i Gako

Bugesera – Abanyeshuri bagera kuri 276 biga mu mashuri yo hanze y’igihugu cyabo cy’u Rwanda nibo bateraniye mu itorero mu kigo cya gisirikare i Gako, aha bahahererwa amasomo mboneragihugu, amateka, n’icyerekezo igihugu cyabo kirimo. Ryafunguwe kuri uyu wa 30 Nyakanga n’abayobozi batandukanye.
Aba ni bamwe mu banyeshuri biga mu mahanga bari mu itorero i Gako
Aba ni bamwe mu banyeshuri biga mu mahanga bari mu itorero i Gako
Iri torero ryatangiye kuwa 28 Nyakanga, aba banyeshuri bazamara ibyumweru bibiri bahugurirwa kwitwara neza mu mahanga aho biga, gukunda igihugu cyabo, n’ibindi.
Umuhango wo gufungura iri torero witabiriwe na Ministre w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Umugaba mukuru w’ingabo z’igihugu, Umuyobozi mukuru wa Police y’u Rwanda, Umuyobozi w’Itorero ry’igihugu, Intumwa ya Ministeri y’Ububanyi n’amahanga ndetse n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’Akarere.
Gakwaya Joana umunyeshuri wiga muri Canada, avuga ko nyuma y’Iminsi ibiri gusa bamaze i Gako amaze kwiga byinshi.
Ati “Nibaza ko nyuma y’ibyumweru bibiri tuzamara nzaba maze kwiga ibintu byinshi ngereranyije n’ibyo mbonye muri iyi minsi ibiri gusa, nzaba mfite byinshi byo kwigisha bagenzi banjye batari aha bari muri Canada.”
Atangiza iri torero kumugaragaro Rucagu Boniface umukuru w’Itorero ry’igihugu yasabye aba banyeshuri gukunda mbere na mbere igihugu cyabo.
Ati “ Muza hano ngo muhabwe indangagaciro z’igihugu cyanyu, nimujya ku ishuri mujye muhora muzirikana igihugu cyanyu kiri mu nzira y’iterambere n’ubumwe bw’abagituye.”
Ministre w’Urubyiruko Nsengimana Jean Philbert we yagize ati “ Mbere yo kubabwira ibindi njye ndiheraho, nanjye nabaye mu ngando ndi osi morale, byatumye menyekana cyane kugeza no muri Kaminuza i Butare aho nayoboye faculté yose niga muwa mbere.
Kubabwira ibyanjye sicyo cyanzanye ahubwo ndababwira ko buri buzima munyuzemo bugira etapes kandi mugomba kuzitwaramo neza.
Ndabasaba kugira intego n’icyerekezo kuko nibyo bigira umuntu umugabo ndetse akaba yagirira igihugu cye umumaro nirwo rufunguzo.”
Aba banyeshuri biga mu mahanga bateraniye i Gako bagizwe n’abakobwa 72 n’abahungu 204, abayobozi bose bafashe umwanya wo kubaganiriza bagiye babashishikariza gukunda igihugu cyabo, kurangwa n’ubumwe ndetse no kwifuriza ibyiza abagituye.
Aba banyeshuri bavuga ko aho biga mu mahanga bavuga ko aho mu mahanga bahabona amakuru mabi ku gihugu cyabo, ariko bashimishwa n’iyo bageze mu Rwanda bagasanga ibyo babwirwa ari ibinyoma.
3
Abanyeshuri biga mu mahanga bari mu ngando i Gako
4
Aha bari kuri morale munzu mberabyombi bategereje abayobozi
5
Mu gihe cy’indirimbo yubahiriza igihugu
6
Umuyobozi w’itorerory’igihugu Rucagu Boniface na Ministre Nsengimana w’urubyiruko bari abashyitsi bakuru
7
Mu gihe cy’Indirimbo yubahiriza igihugu aba ni Gen P Nyamvumba na IGP E Gasana
8
Abanyeshuri bose hamwe bagera kuri 276 biga ku migabane hafi yose y’Isi bari i Gako
9
Mu mwanya w’ibiganiro
10
Abanyeshuri baratozwa indangagaciro z’igihugu cyabo
11
Kuri morale
14
Hon Jean Philbert Nsengimana yabasabye kugira intego ku buzima bwabo
16
Baratuje barumva impanuro z’abayobozi
Hon Rucagu Boniface yabasabye kubaka u Rwanda rw'ubumwe
Hon Rucagu Boniface yabasabye kubaka u Rwanda rw’ubumwe
Safari
Afande Safari yababwiye ku biranga umunyarwanda nyawe
Intumwa ya MINAFFET
Intumwa ya MINAFFET
Aha Ministre yababwiraga ati "nari osi morale ukomeye cyane"
Aha Ministre yababwiraga ati “nari osi morale ukomeye cyane”
Aba banyeshuri bishimanye cyane na Ministre w'urubyiruko bamusaba kwifotozanya nawe
Aba banyeshuri bishimanye cyane na Ministre w’urubyiruko bamusaba kwifotozanya nawe
Minister yabasizemo urwenya asiga baseka, bamwe bifuzaga ko bagumana
Minister yabasizemo urwenya asiga baseka, bamwe bifuzaga ko bagumana
Abayobozi b'inzego za gisirikare n'iza gisivile bari basuye aba banyeshuri
Abayobozi b’inzego za gisirikare n’iza gisivile bari basuye aba banyeshuri
Mugisha David wiga muri Uganda aravuga ibyo ategereje muri izi ngando
Mugisha David wiga muri Uganda aravuga ibyo ategereje muri izi ngando
Gakwaya Joana wiga muri Canada avuga ko amaze kubona byinshi mu minsi ibiri gusa
Gakwaya Joana wiga muri Canada avuga ko amaze kubona byinshi mu minsi ibiri gusa

Source: UMUSEKE.RW

Wednesday, July 17, 2013

Icyiciro cya gatandatu cy’Itorero ry’urubyiruko ruba hanze y’u Rwanda, i Gako

Minisiteri y’ ububanyi n’Amahanga ifatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye, irimo gutegura icyiciro cya gatandatu cy’Itorero ry’urubyiruko rutuye mu mahanga. Iryo Torero rizibanda ku nsanganyamatsiko “Uruhare rw’urubyiruko muri gahunda y’u Rwanda yo guharanira Kwigira”. Iri Torero rizabera mu ishuri rya Gisirikare i Gako, kuva ku wa 29 Nyakanga kugera ku wa 10 Kanama 2013. 

Nk’uko tubikesha Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, iri torero rikazaba ari umwanya mwiza wo kuganira kuri politike y’igihugu, iterambere ndetse n’ibyagezwemo mu kubaka ubukungu bwacyo. Abazaryitabira kandi bazaboneraho umwanya wo gusura ibice bitandukanye by’igihugu, banirebera ubwiza bwacyo. 

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga irashishikariza urubyiruko rwose rubyifuza kwiyandikisha babinyujije kuri e-mail : dgrca@minaffet.gov.rw, cyangwa bagahamagara telefoni nimero : (+250)788465298. Abazaba biyandikishije bazahurira kuri Sitade Amahoro i Remera, ku cyumweru ku wa 28 Nyakanga 2013 saa sita z’amanywa aho bazava berekeza i Gako. 

 Source: www.igihe.com

Wednesday, March 13, 2013

Ministers of RWANDA


ITANGAZO RIVUYE MU BIRO BYA MINISITIRI W’INTEBE
Nk’ uko biteganywa n’ Itegeko Nshinga rya Repubulika y’ u Rwanda uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116; kuri uyu wa mbere Tariki ya 25 Gashyantare 2013, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavuguruye Guverinoma k’ uburyo bukurikira:
1. Minisitiri w’ Intebe: Dr. HABUMUREMYI PierreDamien
2. Minisitiri w’ Ubuhinzi n’ Ubworozi: Dr. KALIBATA M. Agnes
3. Minisitiri w’ Umutungo Kamere: (Ubutaka, Amashyamba, Ibidukikije Na Mine): KAMANZI Stanislas
4. Minisitiri w’ Umuco na Siporo: MITALI Protais
5. Minisitiri w’ Ibikorwa Remezo: Professor LWAKABAMBA Silas
6. Minisitiri w’ Ubutegetsi bw’ Igihugu: MUSONI James
7. Minisitiri w’ Imali n’ Igenamigambi: Amb. Gatete Claver
8. Minisitiri w’ Ubucuruzi n’ Inganda: KANIMBA Francois
9. Minisitiri w’ Ubuzima: Dr. BINAGWAHO Agnes
10. Minisitiri w’ Ubutabera/Intumwa Nkuru ya Leta: KARUGARAMA Tharcisse
11. Minisitiri w’ Uburezi: Dr. BIRUTA Vincent
12. Minisitiri w’ Abakozi ba Leta n’ Umurimo: MUREKEZI Anastase
13. Minisitiri w’ Umutekano mu Gihugu : Sheikh HARELIMANA Mussa Fazil
14. Minisitiri ushinzwe Umuryango w’ Ibihugu by’ Afurika y’ Iburasirazuba : MUKARURIZA Monique
15. Minisitiri w’ Ububanyi n’ Amahanga n’ Ubutwererane MUSHIKIWABO Louise
16. Minisitiri muri PRIMATURE ushinzwe Imirimo y’ Inama y’ Abaminisitiri: MUSONI Protais
17. Minisitiri muri Primature ushinzwe Uburinganire n’ Iterambere ry’ Umuryango: GASINZIGWA Odda
18. Minisitiri w’ Ingabo: Gen. KABAREBE James
19. Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika: TUGIREYEZU Venantia
20. Minisitiri w’ Ibiza no Gucyura Impunzi: MUKANTABANA Serafine
21. Minisitiri w’ Urubyiruko n’ Ikoranabuhanga: NSENGIMANA Jean Philbert
22. Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ Uburezi ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye: Dr. HAREBAMUNGU Mathias
23. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ Uburezi ushinzwe Amashuri y’ Imyuga n’ Ubumenyingiro: NSENGIYUMVA Albert
24. Umunyamabangawa Leta muri Minisiteri y’ Ibikorwa Remezo ushinzwe Gutwara abantu n’ ibintu:
Dr. NZAHABWANIMANA Alexis
25. Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ Ubutegetsi bw’ Igihugu ushinzwe Imibereho myiza y’ Abaturage n’ Amajyambere rusange: Dr. MUKABARAMBA Alvera
26. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ Ubuzima ushinzwe Ubuzima rusange n’ Ubuvuzi bw’ ibanze: Dr. ASIIMWE Anita
27. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ Ububanyi n’ Amahanga ushinzwe Ubutwererane: Amb. GASANA Eugene Richard
28. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ Ibikorwa Remezo ushinzwe Ingufu n’ Amazi : ISUMBINGABO Emma-Francoise
29. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ Umutungo Kamere ushinzwe Ubucukuzi bw’ Amabuye y’ agaciro: IMENA Evode
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kandi yashyizeho Guverineri wa Banki Nkuru y’ u Rwanda :
Bwana RWANGOMBWA John
Bikorewe i Kigali ku wa 25 Gashyantare 2013
Dr. HABUMUREMYI Pierre Damien
Minisitiri w’ Intebe

Wednesday, January 16, 2013

Kaminuza ya Gikirisitu ya Oklahoma igiye gufungura ishuri ryisumbuye mu Rwanda

H.E Paul KAGAME, Dr. Vincent Biruta nabashyiti bava muri Kaminuza ya Gikirisitu ya Oklahoma

Izi ntumwa ziyobowe na Dr.Mike O’Neal ziri mu Rwanda bagaragaje igishushanyo mbonera cy’ishuli n’abatekinisiye baje kureba aho Leta y’u Rwanda yabahaye kubaka mu karere ka Kicuciro mu murenge wa Gahanga.
Biteganyijwe ko iri shuri ryisumbuye rizitwa Central Africa School of Excellency rizacumbikira abanyeshuri bazaryigamo.
Dr. Mike avuga ko iri shuri rizanakira abanyeshuri baturutse muri aka karere u Rwanda ruherereyemo aho ibikorwa bizaba byarangiye mbere y’umwaka wa 2015.
Dr. Mike O’Neal avuga ko hatorantijwe u Rwanda kubera ko rusanzwe rufitanye umubano n’iyi kaminuza, aho abanyeshuri b’ Abanyarwanda bagera kuri 60 baryigamo, ikindi kandi ngo bakaba barasanze u Rwanda rutekanye.

Dr. Mike akomeza ashimira uruhare Leta y’u Rwanda ikomeje kubagaragariza mu kwihutisha ibikorwa byo kubaka iri shuri ryisumbuye akaba kandi ashimira by’umwihariko Perezida wa Repubulika.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’uburezi Dr. Vincent Biruta yatangaje ko iri shuri rije kunganira amashuri asanzwe mu gihugu mu gutanga uburezi bufite ireme aho Leta y’u Rwanda yabahaye ikibanza bazubakamo.
Hashize imyaka igera kuri 9, Oklahoma Christian University ifitanye umubano wihariye na Leta y’u Rwanda. Kugeza ubu hari abanyeshuri biga muri iyo kaminuza icyiciro cya gatatu cya hakoreshejwe iyakure kandi bakaba bafite gahunda yo kuzashinga kaminuza mu Rwanda nyuma y’itangiza ry’ishuri ryisumbuye.

Popular Posts